Umushinga wa Pi Network, umwe mu mishinga ya crypto igenda igaragaza iterambere rikomeye, ugiye kwitabira inama mpuzamahanga ikomeye izwi nka Consensus 2026, izabera i Miami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Muri iyi nama, umwe mu bashinze Pi Network witwa Chengdiao Fan azatanga ikiganiro ku wa Gatatu, tariki ya 6 Gicurasi 2026, kuva saa 11:15 kugeza saa 11:35 (ku isaha ya EDT). Iki kiganiro kizibanda ku ruhare rw’ikoranabuhanga rigezweho, cyane cyane ubwenge bw’ubukorano (AI), mu guteza imbere imishinga mishya.
Mu byo azagarukaho harimo uko AI yoroshya cyane uburyo bwo gukora porogaramu n’imishinga mishya, bigatuma ihiganwa mu ikoranabuhanga ritakiri ku bushobozi bwo gukora gusa, ahubwo rikibanda ku bintu by’ingenzi birimo kubona amakuru yizewe (authentic data), kubona abakoresha benshi (user acquisition), no kugira uruhare rw’abantu nyabo bizerana (trusted human participation).
Chengdiao Fan azasobanura kandi uburyo blockchain ya Pi, ihujwe n’uburyo bwo kwemeza imyirondoro y’abakoresha (verified identity), ndetse n’umubare munini w’abakoresha bayo ku isi yose, bishobora gufasha mu kubaka imishinga ifite akamaro nyako (utility-driven products) ndetse n’ubucuruzi bujyanye n’igihe cya AI.
Ikindi gitekerezo gishya azatanga ni ku bijyanye n’akamaro k’ama token, harimo na Pi. Azagaragaza ko ayo mafaranga ya crypto atagenewe gusa kugurishwa ngo umuntu yunguke vuba, ahubwo ko ashobora kuba ibikoresho bifasha imishinga gukura neza no gukoreshwa mu buzima busanzwe (real-world adoption).
Mu magambo make, Pi Network irashaka kwerekana ko atari “coin yo gushaka amafaranga vuba gusa”, ahubwo ko ari umushinga ufite icyerekezo cyo kuzagira uruhare rufatika mu buzima busanzwe no mu bukungu bw’ejo hazaza.
Peace talks between the Congolese government and the AFC/M23 rebel movement have been moved from Qatar to Switzerland, The New Times has learnt.
The next round of talks is scheduled for April 14 in the Swiss capital Geneva, rebel officials said.
The Qatar-mediated peace talks began in April 2025. Though fighting has not stopped, key milestones reached in Doha include the signing of the July 19 declaration of principles, the October 14 ceasefire monitoring agreement, and the November 15 peace framework.
“The peace talks have been moved to Switzerland due to the conflict in the Middle East and this has been done at the request of the mediators,” Oscar Balinda, a spokesperson of the AFC/M23, told The New Times on Monday, April 6.
He said the next round will focus on humatarian access in the conflict affected areas, the third of eight protocols agreed in Doha.
However, he added that while the movement has observed its part in the first two protocols — ceasefire and release of prisoners — the Congolese government has yet to honour its commitments.
Balinda said they still have confidence in the peace process.
“We have always sought to have peace talks, but the government has waged the war against us,” he said.
He recalled that Kinshasa agreed to peace talks after more than three years of fighting and when the rebel movement had taken control of swathes of territory, including Goma and Bukavu, two largest cities in eastern DR Congo.
The AFC/M23 continues to accuse the government coalition, which includes Burundian forces, the Rwandan genocidal militia FDLR, Wazalendo armed groups and foreign mercenaries, of multiple ceasefire violations.
Recent incidents include the March 11 drone attack on Goma, which killed three civilians, including a French humanitarian worker with UNICEF. In different drone attacks on Minembwe area in South Kivu province, the government coalition was accused of killing 11 civilians.
Agahinda k’abahanzi b’abagore bo muri Uganda bakomeje gutaka ihohoterwa bakorerwa n’abafana mu bitaramo bitandukanye, kongeye kuzamurwa n’umufana wasomeye Winnie Nwangi mu ruhame.
Winnie Nwangi yabaye umuhanzi wa kabiri utatse ihohoterwa nyuma y’uko mu minsi ishize umufana akubise Tracy Melon ku kibuno, bituma ava ku rubyiniro adasoje kuririmba kubera umujinya.
Mu mpera z’icyumweru gishize, ubwo Tracy Melon yari yagiye kuririmba ahitwa Mbarara mu gitaramo cyabereye mu kabari, umufana yaratunguranye amukubita ku kibuno bituma uyu muhanzi ahita asohoka.
Nta cyumweru gishize, byongeye kuba kuri Winnie Nwangi wari mu gitaramo muri kamwe mu tubari two mu Mujyi wa Kampala.
Ubwo yerekezaga ku rubyiniro, umufana yacunze ku jisho abari bashinzwe umutekano we aramusoma ndetse ashaka gukuraho umwenda wari ukingiye amabere ngo akoreho icyakora ntiyabigeraho.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, Winnie Nwangi yababajwe bikomeye n’ibyo uyu mufana yamukoreye yemeza ko bidakwiye na gake.
Ati “Uyu musazi yashatse gushyira iminwa ye ku yanjye nk’aho bidahagije mu gihe bamunkuragaho bashaka kumusohora agerageza kunkuramo akenda gakingiye amabere anashaka gufataho rimwe.”
Uyu muhanzi yasabye abafana kuzibukira ibi bintu, kuko atumva uko yajya aha ibyishimo abafana ariko bo ntibamwubahe.
Winnie Nwangi yavuze ko nubwo ari ibintu bigoye. ariko nibakomeza, azagerageza guha abo bafana ibyo bakwiye, benshi bakeka ko yashakaga kuvuga ko hari aho bizagera akiyambaza amategeko.
Ubwo yaganiraga na NRG Radio, Laika uri mu bahanzi bakomeye muri Uganda yavuze ko abahanzi bagomba guhora biteguye ibintu binyuranye, bashaka kubyirinda bakitwaza abashinzwe umutekano bahagije mu bitaramo.
Ati “Nk’umuhanzi ugomba guhora witeguye, niba ushaka kubyirinda ukeneye abashinzwe umutekano batatu cyangwa bane, nkanjye biragoye ko biriya byambaho. Ndabizi iyo ndi kujya ku rubyiniro cyangwa nduriho baba bashaka kunkoraho.”
Winnie Nwangi yababajwe bikomeye n’umufana wamusomeye mu ruhame akanamufata mu mabereMu cyumweru gishize, Tracy Melon nawe yahuriye n’uruvagusenya i Mbarara aho umufana yamukubitiye urushyi ku kibunoLaika yagiriye inama abahanzi bagenzi be ko bakwiye kujya bitwaza abashinzwe umutekano bahagije mu rwego rwo kwirinda ibibazo bahurira nabyo mu bafana
Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma u Rwanda, Uwera Jean Maurice, yatangaje ko ibiheruka kuvugwa n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byo kwambura intwaro umutwe w’iterabwoba wa FDLR, atari ibyo guhita byizerwa, ahubwo ko igikwiriye ari ugutegereza, hakarebwa niba koko hari ikizakorwa.
Aganira n’abanyamakuru ku wa 31 Werurwe 2026, mu Kigo cya Mutobo gishinzwe gusubiza no gusezerera abahoze ari abasirikare, Uwera yagaragaje ko abantu 214 basubijwe mu buzima busanzwe barahoze mu mitwe yitwaje intwaro irimo na FDLR, bashimangira intambwe ikwiye guterwa mu gushakira amahoro Akarere k’Ibiyaga bigari.
Yasobanuye ko kuba FDLR ikiri muri aka karere biteza akaga n’ibibazo by’umutekano muke.
Ati “Ni ikikwereka ko FDLR ahubwo ubu igihari kandi ari bwo imaze kongera kugira imbaraga kuruta uko yahoze. Ejo bundi mwese mwabonye Umuvugizi w’Igisirikare cya FARDC, Gen Ekenge afite imvugo zimenyerewe cyane nk’amategeko y’Abahutu mu myaka ya kera. Biriya bikwereka ko FDLR itakiri igisirikare gusa nk’uko twabitekerezaga, cyangwa umutwe witwaje intwaro, ahubwo yabaye ingengabitekerezo iri no muri Guverinoma ya Kinshasa.”
Yerekanye ko kuba Gen Ekenge ashobora gutangaza amagambo nk’ayo yavuze akaba atarigeze ahanwa, bishimangira ko ingengabitekerezo ya Jenoside n’urwango byamaze guhabwa intebe mu butegetsi bwa Kinshasa.
Ati “Niba Umuvugizi w’igisirikare, ashobora kubivuga kuri televiziyo y’Igihugu ntahanwe kugeza n’ubu, iriya akaba ari imvugo FDLR yahoranye mu myaka 30 ishize, bikwereka icyo imaze kuba cyo mu Karere. Ntabwo yarandutse, ntiyanagabanyutse ahubwo ubu ni bwo iri gukura.”
Yasobanuye neza ko kuba u Rwanda rwemera kwakira abatashye bavuye mu mashyamba ya RDC bagasubizwa mu buzima busanzwe, byari bikwiye kuba urugero ku buryo bwo gusenya burundu umutwe wa FDLR.
Ati “Ibi Leta y’u Rwanda iba iri gukora ni intambwe imwe mu zishoboka yo gushakira amahoro kano karere, kuko aba bose ni abana bari abarwanyi, binjiye mu buzima rusange bw’igihugu, bagiye gutangira kwiteza imbere. Ni ibikwereka ko hari byinshi twakora bishoboka, bikaba byaba n’urugero mu Karere ariko bidakorwa.”
Ku bijyanye no kuba Ingabo za RDC, FARDC ziheruka gutangaza ko zigiye gutangira ibikorwa byo kwambura intwaro FDLR, Uwera yasobanuye ko bisaba kubiha igihe, hakarebwa niba koko bizakorwa.
Ati “Tubihe umwanya turebe ikigiye kuba kubera ko turacyari mu ntangiriro z’umwaka navuga ko nabo ushobora gusanga babonekewe n’Umwuka Wera, tubahe igihe turebe ko biza gukorwa.”
Umutwe wa FDLR ushingiye ku ngengabitekerezo ya Jenoside ndetse wayikwirakwije mu karere hose. Uvuga ko ushaka gukuraho ubutegetsi mu Rwanda.
Gahunda y’ibikorwa by’ingabo [CONOPS] iri mu masezerano y’amahoro u Rwanda na RDC byasinyiye i Washington, bibifashijwemo na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ivuga ko RDC igomba gusenya FDLR.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Loni, Martin Ngoga, ku wa 26 Werurwe 2026 yabwiye akanama ka Loni gashinzwe umutekano ko FDLR atari umutwe nk’indi isanzwe.
Ati “FDLR ntabwo ari umutwe witwaje intwaro usanzwe. Ni umutwe w’abajenosideri washinzwe n’abasigaye mu bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 kandi ingengabitekerezo yayo ntiyahindutse. Ku Rwanda iracyari ikibazo by’umwihariko ku bibazo igihugu cyanyuzemo nk’ingaruka z’ingengabitekerezo yayo.”
Uyu mutwe umaze imyaka hafi 30 ushyigikiwe n’ubutegetsi bwa Congo ndetse mu myaka ya vuba Leta ya Kinshasa yawuvanze mu ngabo zayo bafatanya kurwanya AFC/M23.
Umugaba Wungirije w’Ingabo za RDC, Lt Gen Nduru Jacques Ychaligonza, ku wa 29 Werurwe 2026 yabwiye itangazamakuru ko yoherejwe mu Burasirazuba bw’igihugu mu gace ka Kisangani mu bikorwa byo gutegura ibikorwa byo kwibasira FDLR.
Ati “Bagomba gutanga intwaro zabo ku bushake cyangwa ku ngufu.”
Ychaligonza yavuze ko mu cyiciro cya mbere bazabanza gusaba abarwanyi ba FDLR kurambika intwaro hasi ku neza.
Yavuze ko aho bazajya bakirira imbunda hateganyijwe i Kisangani, ndetse abazajya bamara kuzirambika hasi bakazajya bashyikirizwa u Rwanda.
Umunya-Brésil, Matheus Bettim, yasubiye muri Police VC ikomeje kwitegura Shampiyona Nyafurika y’Amakipe y’Abagabo (CAVB Men’s Club Championship) izabera i Kigali kuva ku wa 20 Mata kugeza ku wa 3 Gicurasi 2026.
Uyu mukinnyi ni umwe mu bafashije Ikipe ya Polisi y’Igihugu kwitwara neza mu mwaka ushize w’imikino, yegukana ibikombe bitandukanye nubwo icya shampiyona yakiburiye mu mikino ya nyuma yatsindiwemo na APR VC.
I&M Bank Rwanda Plc yagiranye amasezerano y’ubufatanye na Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba, UTAB, agamije gufasha abanyeshuri kugira ubumenyi mu by’imari, gufasha abakozi bayo guhabwa inguzanyo zizabafasha kwiteza imbere no gufasha iyi kaminuza kubona amacumbi.
Aya masezerano yasinywe ku wa 25 Werurwe 2026, ubwo Abayobozi ba I&M Bank Rwanda Plc basuraga abakiliya bayo b’i Gicumbi.
Ubu bufatanye bukubiye mu byiciro bine birimo gukomeza imikoranire hagati ya I&M Bank Rwanda Plc na UTAB binyuze mu kuyifasha gushyira mu mishinga ikomeye ifite irimo kwagura amashuri no kubaka amacumbi y’abanyeshuri n’abakozi bayo.
Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza ya UTAB, Padiri Dr. Munana Gilbert agaragaza ko bafite abanyeshuri barenga ibihumbi 12 ndetse ko bahura n’imbogamizi zo kubacumbikira kuko nta macumbi bafite akaba ari yo mpamvu biteze byinshi muri ubu bufatanye.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe abakiliya ku giti cyabo n’amashami muri I&M Bank Rwand Plc, Kayihura Yves, yavuze ko ubufatanye bagiranye na UTAB buri mu murongo wabo wo guteza imbere uburezi.
Ati “Binyuze muri ubu bufatanye icyo tuzakora nka banki ni uko tuzereka abacuruzi bo muri Gicumbi ndetse n’ahandi amahirwe ahari y’uburyo babona amafaranga binyuze mu kubaka amacumbi ya kaminuza ya UTAB.”
Mu bindi byiciro bigize aya masezerano harimo gufasha abakozi b’iyi kaminuza kwiteza imbere binyuze mu guhabwa inguzanyo bashobora kwishyura ku nyungu nkeya.
Ikindi gice kigize ubu bufatanye ni ukuzahugura abanyeshuri ba UTAB kumenya ibijyanye n’imari kugira ngo bazabashe kwiteza imbere.
Kayihura yavuze ko iyi gahunda yo gufasha kwigisha abanyeshuri ibijyanye na serivisi zitangirwa muri banki, bizabafasha kubigiraho ubumenyi ku buryo igihe bazaba basoje bizaborohera kwiteza imbere.
Ati “Ibi bizabafasha kugira ubumenyi mu bijyanye n’imari ariko tubikora tuzirikana ko ari bo bakiliya bacu b’ejo hazaza. Ni yo mpamvu dutangira ubufatanye bwacu na bo bakiri ku ntebe y’ishuri bitandukanye no kuzabutangira bayivuyeho ndetse.”
Yakomeje avuga ko bimwe mu bigize igice cya kane kigize ubufatanye bwabo na UTAB harimo guteza imbere imishinga y’ubuhinzi n’ubworozi n’indi igamije gufasha abanyeshuri b’iki kigo.
Umuyobozi Mukuru wa I&M Bank Rwanda Plc, Benjamin Mutimura, yijeje abakiliya b’iyi banki gukomeza kugirana imikoranire myiza mu guteza imbere aka karere.
Ati “Niba hari indi mishinga mufite mutaratuzanira, icyo nababwira ni uko twiteguye amafaranga ahari, icyo dukeneye ni imishinga.”
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi, Nzabonimpa Emmanuel, yashimiye I&M Bank ibafasha mu bikorwa biganisha ku iterambere, inabereka ko amahirwe ahari agomba kubyazwa umusaruro.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), Ikigo gishinzwe gukusanya amakuru ku myenda (TransUnion Rwanda Ltd) ndetse n’ibigo bitanga serivisi z’imari, byafashije abaturage bo mu Karere ka Ngoma n’utundi bihana imbibi, bibakemurira ibibazo bagiye bahura na byo byiganjemo gushyirwa ku rutonde rw’abafite imyenda (CRB), kandi batabizi.
Ku Kabiri tariki 31 Werurwe 2026 ni bwo hatangijwe iminsi itatu yo gukemura ibibazo by’abakiliya ba serivisi z’imari. Ni icyumweru BNR n’ibindi bigo bifashamo abaturage kubakemurira ibibazo.
Mu bibazo abaturage benshi bitabiriye bari bafite, ibyinshi bishingiye ku gushyirwa muri CRB ntibabimenye ndetse ntibanamenye aho babariza kugira ngo bayikurwemo.
Ubushakashatsi bukorwa buri myaka itatu na BNR buheruka gukorwa mu 2024 bwerekanye ko abaturage 56% ari bo bishimira serivisi z’imari. Abaturage kandi banagaragaje ko CRB bayishimira ku kigero cya 38% ikaba ari yo serivisi iri hasi kurusha izindi zose.
Uwiragiye Emmanuel wo mu Karere ka Ngoma, yavuze ko yari afite moto yakoreshaga akazi ka Leta ariko akayikoresha ayishyura, nyuma yo kurangiza kuyishyura ngo yakoze ihererekanyamutungo, ayiyandikaho, akazi kaza kurangira moto ayibika mu rugo.
Nyuma y’igihe kinini umugore we yagiye kwaka inguzanyo muri Banki basanga umugabo we afite inguzanyo atazi yaranashyizwe muri CRB.
Ati “Nagiye mu kigo gishinzwe imisoro bambwira ko mfite imisoro y’imyaka ine, banasaba kujya mu bigo icyenda bitanga ubwishingizi kugira ngo byose bimpe urwandiko rugaragaza ko nta hantu natse ubwishingizi sinishyure, ibyo narabikoze ndazizana barambwira ngo njye ku Irembo bamfashe nandikire RRA babisibe na n’ubu nta gisubizo ndabona ndacyari muri CRB.’’
Uwiragiye yavuze ko iyo myaka irenga ine amaze ari muri CRB byadindije umuryango we, kuko umugore we yashatse inguzanyo yo kwiteza imbere ntibyakunda kubera icyo kibazo atazi uko cyaje. Yasabye ko mu gihe umuntu ashyizwe muri CRB yajya abimenyeshwa.
Ati “Ubundi igihe bagushyize muri CRB baba bafite imyirondoro yawe yose, bakagombye kuguhamagara bakabikubwira n’impamvu nawe ukabimenya, aho kumva ibintu bikuguyeho utazi uko byagenze. Ubu ntituzi aho twabariza mu gihe badushyize muri CRB.’’
Umuhoza Alice waturutse mu Murenge wa Karembo, yavuze ko batije umuntu icyangombwa cy’ubutaka agiye gufata umurasire, uwo muntu ngo yananiwe kwishyura baranawumwambura. Nyuma baje gushaka kujya kuri banki gufata inguzanyo bagezeyo basanga bari muri CRB ndetse banayimazemo imyaka 10 mu bintu batari bazi.
Yasabye ko mu gihe umuntu agiye gushyirwa muri CRB yajya ahamagarwa akabwirwa impamvu yayishyizwemo byaba na ngombwa akaba yafatirana uwo mwenda akawishyura aho kuzumva ko uyirimo utazi igihe wayishyiriwemo.
Narame Genevieve utuye mu Murenge wa Kibungo, yavuze ko yatse inguzanyo mu kigo cy’imari mu myaka 14 ishize ubwo yishyuriraga umwana we amafaranga y’ishuri, aza kuyishyura arayarangiza, atungurwa n’uko yagiye kwaka inguzanyo mu Umurenge Sacco asanga yarashyizwe muri CRB ndetse anarimo umwenda w’arenga miliyoni 2 Frw.
Yavuze ko ari ibintu byamutunguye ndetse biranamubabaza kuko ayo mafaranga yari yaratse yari yarayishyuye, akibaza ukuntu amara imyaka myinshi yarashyizwe muri CRB ariko we ntabimenyeshwe.
Ati “BNR yanyakiriye ndetse banamfasha kunkuramo. Kuba narisanze muri CRB byarandindije kuko nari nateguye umurima w’inyanya, ariko ngiye kwaka inguzanyo ndayibura bituma ntahinga ahubwo nsubira inyuma mu mibereho.’’
Umuyobozi w’ishami rishinzwe imyitwarire y’ibigo by’imari no kurengera abaguzi muri BNR, Nsabimana Gerard, yavuze ko bahisemo kwegera abaturage kugira ngo bakemurirwe ibibazo n’inzego nyinshi zibari hafi kandi ko ibyinshi biri gukemuka.
Yavuze ko ikibazo cya mbere kiri ku isonga mu byo bagezwaho ari icy’abaturage bashyirwa muri CRB kuko baba bafashe umwenda muri banki bamwe bakamara kuwishyura ntibakurwemo.
Yavuze ko amakuru akwiriye gutangwa ako kanya ku bantu bishyuye ariko ko bikigoranye ku buryo abatabikosora bagomba kujya bahanwa.
Ati “Hari kubakwa ikoranabuhanga ku buryo umuntu niba yishyuye amakuru ahita agenda akajya muri TransUnion ko uwo muntu yishyuye agahita akurwa muri CRB, twanashyizeho uburyo umuntu yakwigenzurira ko atari muri CRB *707# ukareba ikigo cyagutanzeho amakuru n’umwenda ufite uko ungana.’’
Kugeza ubu BNR imaze gukemura ibibazo by’abaguzi ba serivisi z’ibigo by’imari 1000 mu Mujyi wa Kigali, 600 byo mu Ntara y’Amajyaruguru, Amajyepfo bakiriye 400, Iburengerazuba bakiriye 300, Iburasirazuba muri Gatsibo bakiriye ibibazo 200 kuri ubu bakaba bari kwakira ibindi mu Karere ka Ngoma.
Iyo iri torero riba ryaratangiye gusengera abagore ngo babe abapasiteri kera, bamwe mu bagabo bazwi nka Pastor Kaputura, Pastor Sagatwa Roudovik na Pastor Kayihura Michel bashoboraga gusangira uwo murimo n’abagore b’icyitegererezo nka Mukanyangezi Rodia.
Uyu mubyeyi w’icyamamare muri ADEPR, watangiye ivugabutumwa mu 1960 aturutse i Bukavu muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC), azanywe n’umugabo we Gakwavu Musa, yakoze umurimo ukomeye cyane.
Yavunnye amatorero menshi, bituma aba icyamamare. Iyo abagore baza kuba baremererwaga ubupasiteri icyo gihe, nta gushidikanya ko na we yari kuba umwe mu bashumba bakomeye, ndetse ashobora no kugera ku rwego rw’umushumba mukuru.
Mu bagore batandatu tuvuga, harimo: Ev. Mukanyangezi Rodia, Umuhoza Aurélie, Pastor Rugerindinda Alice uyoboye Paruwase ya Bugesera, Pastor Ufitinema Chantal uyoboye Paruwase ya Rulindo, Pastor Mukagashugi Marie Chantal wagizwe Umushumba Nshingwabikorwa w’Ururembo rw’Amajyepfo, na Pastor Kamukama Edith wagizwe Umushumba Nshingwabikorwa w’Ururembo rw’Iburasirazuba.
Aba bose bazahora bazirikanwa nk’abagore bafite umwihariko mu itorero rya ADEPR. Icyinyuranyo ni uko bane muri bo bahawe inshingano z’ubushumba, mu gihe babiri batabonye ayo mahirwe.
Nyuma y’uko ADEPR isengeye abapasiteri barimo abagore, bamwe babyakiriye nk’ikintu gishya kitari gisanzwe, ndetse hari n’abatunze kubyemera. Nyamara byari byaravuzwe mu buhanuzi ko hazabaho impinduka bamwe mu bayoboke batazakira neza, harimo no guha abagore inshingano mu buyobozi.
Aba bagore bane bahawe kuyobora inzego zitandukanye, harimo urwego rw’ubushumba nshingwabikorwa mu ndembo z’Amajyepfo n’Iburasirazuba, ndetse na za paruwase za Bugesera na Rurindo.
Mu gihe cy’ihirima ry’ingoma ya Rev. Karuranga Ephrem muri ADEPR, hari hamaze kugaragara ibimenyetso by’uko umugore azinjira mu buyobozi bukuru bw’itorero.
Muri ibyo bihe, madamu Umuhoza Aurélie yasigaranye by’agateganyo inshingano zo kuyobora ADEPR mu gihe cy’iminsi irindwi, kuva ku wa 2 Ukwakira 2020 kugeza ku wa 8 Ukwakira 2020. Ibi byatumye aba umugore wa mbere wicaye ku mwanya wo hejuru cyane mu buyobozi bwa ADEPR.
Kuba abagore batangiye guhabwa inshingano nk’izi mu buyobozi bwa ADEPR bifite ibisobanuro byinshi, harimo: Kugaragaza ko umugambi w’Imana udashobora kuburizwamo n’abantu, kwerekana ko nta guheza igitsina gore mu buyobozi bw’itorero, kuko bose basangiye Umwuka Wera no kugaragaza ko mu gihe kiri imbere hashobora kuboneka umugore uyobora ADEPR ku rwego rwo hejuru cyane.
Nta gushidikanya ko Rev. Isaie Ndayizeye, umushumba mukuru wa ADEPR, yagaragaje ubudasa ugereranyije n’abamubanjirije, kuko yemeye ko abagore bahabwa inshingano, kandi na we ashobora kuzasimburwa n’umugore.
Biragaragara ko mu myaka 85 ishize, imyumvire y’abayoboke ba ADEPR ku ruhare rw’umugore mu buyobozi yari ikiri hasi, ariko uko imyaka izagenda ishira izagenda izamuka. Rev. Isaie Ndayizeye yemeje ko nta hantu na hamwe muri Bibiliya handitswe ko umugore atagomba kuba umushumba.
Ikindi gitangaje ni uko hari aho umugore yahejwe mu buyobozi bw’itorero, nyamara Yesu Kristo twizera yarabyawe n’umugore. Imana ntiyahisemo umugabo ngo abe ari we uterwa inda, bikaba bigaragaza ko umugore afite agaciro gakomeye mu mugambi w’Imana.
Turifuriza aba bagore gukomeza kubaka amateka meza, nubwo baje mu gihe itorero rifite ibibazo byinshi. Bashobora guhura n’imbogamizi zirimo gusuzugurwa no gucibwa intege, ariko bagomba gukomera ku nshingano bahawe, bakazikora neza.
Aba bashumba b’abagore bashobora guhura n’ibigeragezo bitandukanye, ariko nibakomere, bime amatwi amagambo abaca intege, bakore umurimo wabo neza. Abazabakurikira bazahora bibuka ubutwari n’umuhate bagaragaje mu mwaka wa 2026, ubwo bahabwaga inshingano zitari zisanzwe muri ADEPR.
Inama y’Abaminisitiri yashyize mu myanya abayobozi banyuranye, barimo CP Theos Bagede wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije w’Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS).
Aba bayobozi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa Kane tariki 02 Mata 2026 yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Mu Kigo cy’u Rwanda gishinzwe guteza imbere ubufatanye (RCI), Niwenshuti Richard yagizwe Umuyobozi Mukuru wacyo, asimbura Eng. Patricie Uwase wari muri izi nshingano kuva mu kwezi k’Ukwakira 2024.
Mu Rwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda (RDB), Nsengiyumva Joseph Cedrick, yagizwe Chief Corporate Affairs Officer, ndetse na Kayibanda Richard agirwa Chief Licensing Officer.
Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya, barimo Mbabazi Judith, wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya Akarengane, asimbura Yankurije Odette.
CP Theos Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano
Mu bandi bashyizwe mu myanya n’Inama y’Abaminisitiri, ni CP Theos Badege wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije mu Rwego rw’u Rwanda rushinzwe Igorora (RCS)
Badege yasimbuye DCG Rose Muhisoni na we wigeze kuba muri Polisi y’u Rwanda, wari wagizwe Komiseri Mukuru Wungirije muri RCS mu mwaka wa 2021.
CP Theos Badege uzwi muri Polisi y’u Rwanda, aho yigeze kuba Umuvugizi w’uru rwego, inshuro ebyiri mu bihe binyuranye, ndetse akaba yaragize indi myanya muri uru rwego, nko kuba yarabaye Umuyobozi Mukuru w’iryahoze ari Ishami rya Polisi Rishinzwe Ubugenzacyaha (CID).
Abandi bayobozi bashyizwe mu myanya, ni Nkiko Albert wagizwe Komiseri muri Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ndetse na Habimana Donath, wagizwe Umushinjacyaha wo ku rwego rw’lgihugu.#
Mbabazi Judith, wagizwe Umuvunyi Wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya AkarenganeCP Theos Badege wigeze kuba Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda na we yahawe inshinganoNiwenshuti Richard wagizwe Umuyobozi Mukuru wa RCI
Abana bane baburiye ubuzima mu gitero cy’umuntu witwaje umuhoro wakigabye ku ishuri ry’incuke ryo mu gace ka Ggaba i Kampala muri Uganda.
Iki gitero cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 02 Mata 2026, kuri iri shuri rya Ggaba Early Childhood Development Program riri ku cyicaro cy’Itorero rya Maranatha Community Church.
The New Vision dukesha aya makuru, ivuga ko umuntu udakuze cyane wari witwaje intwaro gakondo, yaje kuri iri shuri akinjira akoresheje imbaraga mu byumba byarimo abana.
Kugeza ubu amakuru avuga ko abana baburiye ubuzima muri iki gitero, ari bane (4) bigaga kuri iri shuri ribanza riherereye mu nkengero za Kampala. Polisi ya Uganda, ni yo yatangaje ko iyi mibare y’agateganyo y’abapfuye.
Uyu muntu ukekwaho kugaba igitero yahise atabwa muri yombi na Polisi ya Uganda, yamufashe imwambuye abaturage na bo bashakaga kumwivugana kubera ubu bugome yakoze.
Amakuru avuga ko ababyeyi bafite bana barererwa kuri iri shuri, bihutiye kuhagera, aho bari mu marira menshi, byumwihariko imiryango y’abahaburiye ubuzima.